Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
1. Mugihe u Rwanda rwa Kagame rurimo gushyirwa na FMI um bhiugu 20 ku isi bifite ubukene bukabije kandi buri um manegeka (vulnérable) bigomba gufashwa korohereza kwishyura imyenda byafashe kugirango bibashe kubona ayo gukingiza abaturage babyo, mu ighe kandi u Rwanda rurimo kuguza hirya no hino amafranga yo kugura inkingo . FMI miliyoni 11$+ miliyoni 220$, banki y’Isi (miliyoni 15$ + miliyoni 30$ u Budage miliyoni 78€, etc…, iyo myenda isabwa hirya no hino ikaba izarufasha kugera kuri miliyoni 124$ ruvuga ko azakenerwa mu gukingira 60% y’abaturage.
2. Muri ibi bihe ibiribwa bigenewe impunzi byatangwaga na PAM byagabanutse cyane, ibihugu bicumbikiye impunzi birimo gutabaza. Izo mu Rwanda zigizwe n‘ abanyekongo n‘abarundi ngo zagenerwaga 7600frws ku kwezi none ngo zirahabwa 3400frws ku kwezi, bingana na 110 frws ku munsi umwe. Impunzi zirataka ngo aya mafranga ni iyanga ugereranije n’ibiciro miri ku masoko umuneke umwe ugura amafranga 100). Ibi byatumye impunzi zikomoka mu Burundi zitangira kwiyandikisha ku bwinshi ngo zisubirire iwabo.
3.Ikibazo cy’bidukikije gitangiye kuvugwaho ku mugaragaro. Amasezerano ya Kigali yasinwe muri 2016 avugurura aya Montreal yerekeye kugabanya ibyuka bihumanya ikirere. U Rwanda rwanditse rwishimira ko Joe Biden yasabye ko hakorwa inyandiko yashyikirizwa Sena ya USA isaba ko USA nayo yakubahiriza ariya masezerano ya Kigali (kigalitoday 28.01.2021) Ibiramambo Jose Biden yatumiye ibihugu 5 bya Afrika mu nama yatumiwemo ibihugu 40 byo ku Isi mu kwiga imihindagurikire y’ikirere ariko u Rwanda ntirwatumiwe kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu.