Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
1.Leta y’u rwanda yamye inyuza um mizindaro yayo ibyiciro by’abaturage bizakingirwa ku ikubitiro kubera ibyago bafite byo kwandura Coivid 19 cg kwicwa nayo baramutse bayanduye. Leta yatubwiye kenshi ko izahera kubakora kwa muganga, abakuze barengeje imyakaya 65, abasanganywe indwara zidakira. Ni ko twakekaga ko bizagenda, kandi ni nako bigenda mu bihugu byinshi. Ahandi bahereye ku bakuze cyane kuko bafite ibyago byo kwandura Covid no kwicwa na yo kurusha abakiri bato. Abarwaye indwara zidakira nabo ni uko. Amakuru y‘ikingira mu Rwanda akomeje kwerekana ko Leta yahereye kubyiciro by’abantu bakiri bato. Leta yahererye kubakinnyi b’umupira, abo bose baba bari munsi y’imyaka 30, ikurikizaho abamotari, abanyonzi na ba Dasso nabo ni abantu bato,
2. Sena y’u Rwanda yasabye Guverinoma gutanga ibisobanuro kumakosa yo gutanga ingurane. Umusenateri cg umudepite wo um Rwanda afite ububasha bungana iki ?akarengane kabera mu Rwanda hose ntibaba bakareba uhereye imbere y’umuryango wabo muli bannyahe ? twavugako kuva muli 2017 abasenateri batigeze bamenya akarengane gakorerwa abaturage bo muli Bannyahe ? Inama Commonwealth igiye kubera mu Rwanda yaba ariyo itumye abasenateri bava mu bitotsi, bagasaba ko abangirizwa ibyabo n’ibikorwa rusange bajya babona ingurane hakurikijwe amategeko ? ko bivugira abagirizwa ibyabo n’imihanda, amashanyarazi ntibavuge byeruye ikibazo cyo muri bannyahe gikomeye kurusha ibindi ?
3. urubanza rwa G. Urayeneza n’abo bareganwa rwagombaga gusomwa uyu munsi le 11.03.2021, rwasubitswe ngo kubera ubunini bw’urubanza n’ibibazo birurimo ( umuseke.rw, 11.03.2021), rukazasomwa le 25.03.2021. Abaregera indishyi ndetse n’ubahagariye mu mategeko bibaye nk’ubwa 3 urubanza ruba ntibagaragare murukiko, uyu munsi nabwo ngo ntibari baje.