Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
2017: Umukandinda nifuza ni PDG wa Rwanda Inc. Perezida Kagame
2017: Umukandinda nifuza ni PDG wa Rwanda Inc, Nyakubahwa Kagame Paul
Maze iminsi umutima wanjye unsaba kugira icyo mvuga kuri Rwanda nziza y’uyu munsi na Rwanda nziza y’ejo hazaza.
U Rwanda rwacu rwagiye rurangwa n’amateka y’imiyoborere mibi, yuzuyemo amacakubiri n’ivangura bikabije, byaje no kutugeza kuri jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Buri Munyarwanda wese na buri Munyamahanga wese azi ko Jenoside yahagaritswe na Nyakubahwa Kagame Paul n’ingabo yari ayoboye mu ngorane nyinshi n’inzitane y’ibibazo.
irumvikana rero, kandi bishingiye no ku burenganzira bwabo, ko abo bashoramari bafite imigabane muri Rwanda Inc. iyobowe na Nyakubahwa PDG, Kagame Paul bitoreye bafite n’Uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo no gusaba ko Itegeko rikuru rigenga “Company” (Itegeko Nshinga ry’u Rwanda) ryavugururwa kandi bakanasaba ko PDG (President Directeur General) wayoboye “Company” neza ikunguka kandi igatera imbere, yakomeza kubacungira umutungo.