Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.

Dr TH. RUDASINGWA ARASUBIZA IBYO PEREZIDA P. KAGAME AHERUTSE KUVUGIRA I BURERA

  • Broadcast in Non-Profit
RADIO ISHAKWE

RADIO ISHAKWE

×  

Follow This Show

If you liked this show, you should follow RADIO ISHAKWE.
h:1078949
s:11330401
archived

Kuwa Gatatu tariki ya 8 Gicurasi 2019, PerezidaPaul KAGAME yatangiye uruzinduko rw'akazi azamaramo iminsi itatu mu Ntara y'Amajyaruguru no mu Ntara yo mu Burengerazuba bw'u Rwanda.

Mu Karere ka Burera, gahana imbibi n'igihugu cya Uganda, ni ho yatangiriye urwo ruzinduko, anenga abyobozi b’ako Karere n’ab’Intara kudakoresha ubushobozi bafite ngo abaturage bareke gukomeza kujya Uganda (ateruye ngo avuge mw’izina) kuhashaka amaserivisi, nk’amashuri, ubuvuzi n’isoko. Ati ntabwo turi abacakara b'ibihugu by'abaturanyi.

Ku birebana n’umutekano w’Igihugu, KAGAME yavuze ko ntawe u Rwanda rwakwingingira kuruha umutekano, ko rugomba kuwugira ku neza cyangwa ku nabi. Yikomye ababa hanze ngo bavuga nabi ubutegetsi ku maradiyo, ababurira ko bakina n’umuriro uzabotsa nibegera u Rwanda, kandi ko abatizanye ashobora kuzabasanga aho bari.

Umutumirwa : Dr Theogene RUDASINGWA

Uwateguye ikiganiro : Joseph NGARAMBE

11 05 2019

Facebook comments

Available when logged-in to Facebook and if Targeting Cookies are enabled