Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
Kuwa Gatatu tariki ya 8 Gicurasi 2019, PerezidaPaul KAGAME yatangiye uruzinduko rw'akazi azamaramo iminsi itatu mu Ntara y'Amajyaruguru no mu Ntara yo mu Burengerazuba bw'u Rwanda.
Mu Karere ka Burera, gahana imbibi n'igihugu cya Uganda, ni ho yatangiriye urwo ruzinduko, anenga abyobozi b’ako Karere n’ab’Intara kudakoresha ubushobozi bafite ngo abaturage bareke gukomeza kujya Uganda (ateruye ngo avuge mw’izina) kuhashaka amaserivisi, nk’amashuri, ubuvuzi n’isoko. Ati ntabwo turi abacakara b'ibihugu by'abaturanyi.
Ku birebana n’umutekano w’Igihugu, KAGAME yavuze ko ntawe u Rwanda rwakwingingira kuruha umutekano, ko rugomba kuwugira ku neza cyangwa ku nabi. Yikomye ababa hanze ngo bavuga nabi ubutegetsi ku maradiyo, ababurira ko bakina n’umuriro uzabotsa nibegera u Rwanda, kandi ko abatizanye ashobora kuzabasanga aho bari.
Umutumirwa : Dr Theogene RUDASINGWA
Uwateguye ikiganiro : Joseph NGARAMBE
11 05 2019