Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase ryo kuwa 11 Nyakanga 2016 riravuga ko Binagwaho Agnes wari Minisitiri w’Ubuzima yakuwe kuri uwo mwanya.
Iri tangazo rivuga ko ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga 2016, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavanye ku mirimo Madamu Dr. Agnes Binagwaho, wahoze ari Minisitiri w’Ubuzima.
Dr. Agnes Binagwaho w’imyaka 62, yavukiye mu Rwanda mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro (ubu ni Nyamagabe) ariko akurira i Burayi, yigayo ndetse arahatura, agaruka mu Rwanda mu 1996 kandi ari umuganga wita ku ndwara z’abana (paediatrician).