Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
HOST: Serge Ndayizeye
GUEST: Noble Marara
TOPIC: Martin Kobler :MONUSCO" Arasabira abahoze ari abayobozi ba M23 ubuhungiro muri Africa yepfo
Mu gihe, umuyobozi wa M23 yasabye abarwanyi b’uwo mutwe guhagarika kurwana n’abasirikare ba Leta ya Congo, ibiganiro birakomeje mu mujyi wa Kampala aho bamwe mu basirikare ba M23 basabiwe ubuhungiro aho gushyirwa mu ngabo za Leta.
Umuyobozi wa MONUSCO, Martin Kobler, wagiye mu biganiro hagati ya M23 na Leta ya Congo yasabiye abayobozi ba M23 barimo Gen Makenga, Col Kaina, Col Kazarama na Col Mboneza kutavangwa n’ingabo za Congo ahubwo bakajyanwa mu buhungiro muri Afurika y’Epfo.
Nubwo ariko umuyobozi wa M23, Bertrand Bisiimwa, yasabye abarwanyi ba M23 guhagarika imirwano n’ibindi bikorwa byatuma intambara ikomeza, kuri uyu wa 04/11/2013 intambara iracyakomeje kuko ingabo za Leta ya Congo zikomeje kuyirasa n’ibitwaro bikomeye.
Umuvugizi wa M23 avuga ko mu gitondo kuri uyu wa mbere imirwano yakomereje hafi y’ibirometero 3 uvuye Bunagana mu duce twa Runyonyi na Mbuzi aho ingabo za Leta zikomeje kurwanya M23 bakoresheje ibitwaro bikomeye.
andikira radioitahuka@gmail.com cyangwa utubwire niba hari ibyo uzi ushaka kutubwira hano kuri radio Itahuka facebook/ijwi ryihuriro nyarwanda/itahuka follow us on twitter: rnc_usa call in to listen Live 347 945 6449