Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.

U RWANDA RURAGANA HEHE ? – Dr THEOGENE RUDASINGWA (IGICE CYA 1)

  • Broadcast in Non-Profit
RADIO ISHAKWE

RADIO ISHAKWE

×  

Follow This Show

If you liked this show, you should follow RADIO ISHAKWE.
h:1078949
s:11835493
archived

Ibibazo by’ingutu byugarije u Rwanda muri kino gihe

Muri kino gice cya 1, tugiye gutangira turebera hamwe ibibazo by’ingutu byugarije u Rwanda muri kino gihe. Nk’icyorezo cya COVID-19, ubukene mu Banyarwanda benshi, igitugu kica kigahonyora Abanyarwanda b'ingeri zose,  umwiryane mu bice binyuranye by’Abanyarwanda no kwangirika kw’indangagaciro, imibanire mibi n’abaturanyi, indwara y’ubutegetsi bunaniwe, n’ibindi.  

Mu gice cya 2, tuzabagezaho mu cyumweru gitaha, tuzibanda ku masezerano hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasinywe mu kwezi kwa 5 na Minisitiri ushinzwe Ububanyi n’Amahanga.

Mu gice cya 3 tuzabagezaho mu cyumweru gikurikiyeho, tuzaganira ku mubano w'u Rwanda n'ibihugu byo mu karere n'ingaruka zawo.

Tuzasoza ibi biganiro bitatu tunoza imbonerahamwe y’ibisubizo bikwiriye ku bibazo tuzaba twasesenguye muri ibi bice byose. Mu yandi magambo, tuzabagezaho uko tubona umuti w'ibibazo by'u Rwanda n'Abanyarwanda. 

Umutumirwa : Dr Theogene Rudasingwa

Abateguye ikiganiro : Sixbert MUSANGAMFURA na Joseph NGARAMBE

24 10 2020

Facebook comments

Available when logged-in to Facebook and if Targeting Cookies are enabled