Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
Ibibazo by’ingutu byugarije u Rwanda muri kino gihe
Muri kino gice cya 1, tugiye gutangira turebera hamwe ibibazo by’ingutu byugarije u Rwanda muri kino gihe. Nk’icyorezo cya COVID-19, ubukene mu Banyarwanda benshi, igitugu kica kigahonyora Abanyarwanda b'ingeri zose, umwiryane mu bice binyuranye by’Abanyarwanda no kwangirika kw’indangagaciro, imibanire mibi n’abaturanyi, indwara y’ubutegetsi bunaniwe, n’ibindi.
Mu gice cya 2, tuzabagezaho mu cyumweru gitaha, tuzibanda ku masezerano hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasinywe mu kwezi kwa 5 na Minisitiri ushinzwe Ububanyi n’Amahanga.
Mu gice cya 3 tuzabagezaho mu cyumweru gikurikiyeho, tuzaganira ku mubano w'u Rwanda n'ibihugu byo mu karere n'ingaruka zawo.
Tuzasoza ibi biganiro bitatu tunoza imbonerahamwe y’ibisubizo bikwiriye ku bibazo tuzaba twasesenguye muri ibi bice byose. Mu yandi magambo, tuzabagezaho uko tubona umuti w'ibibazo by'u Rwanda n'Abanyarwanda.
Umutumirwa : Dr Theogene Rudasingwa
Abateguye ikiganiro : Sixbert MUSANGAMFURA na Joseph NGARAMBE
24 10 2020