Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
INGOMA YA HABYARIMANA MU MAREMBERA (1984-1990)-ABANDITSI N’ABATUGEJEJEHO IBITEKEREZO BYABO KU KIGANIRO CY’UBUSHIZE, BAKORESHEJE INYANDIKO CYANGWA UBUNDI BURYO
Uno munsi tariki ya 14 Werurwe 2018, tugiye kubagezaho ikiganiro “INGOMA YA HABYARIMANA MU MAREMBERA (1984-1990)-ABANDITSI N’ABATWANDIKIYE”
Ubwo duherukana ubushize kuwa Kabiri, tariki 27/02/18, twari twabagejejeho ikiganiro twahaye inyito: “INGOMA YA HABYARIMANA MU MAREMBERA (1984-1990)”
Muri icyo kiganiro, twarebeye hamwe ibyaranze ayo marembera, twibanze ku bintu nka birindwi. Twifashishije ahanini ubumenyi bwacu, nk’abantu bari bakuru ibyo byose biba, kandi bari no mu rwego rwo kubimenya no kubyumva.
Uno munsi tugiye gukomeza kureba iby’ayo marembera, twifashisha ahanini abanditsi n’abatugejejeho ibitekerezo byabo kuri icyo kiganiro, bakoresheje inyandiko cyangwa ubundi buryo.
Twibutse ko ibiganiro tumaze igihe tubagezaho bigendera ku nsanganyamatsiko: “Ni izihe mpamvu zatumye ubutegetsi bw’Abahutu (Repubulika) busenyuka butarengeje imyaka 32, mu gihe ubw’Abatutsi (Cyami nyiginya) bwageze ku myaka irenga 400?”
Abatumirwa: Eugène NDAHAYO na Nsengimana NKIKO
Uwateguye ikiganiro: Joseph NGARAMBE
14/03/2018