Email us for help
Loading...
Premium support
Log Out
Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.
Amahuriro y’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi RANAC Dushayuruburundi bwogorore na l’ADC-Ikibiri, bandikiye Umunyamabanga mukuru wa Loni Ban Ki Moon, bamusaba kubafasha akumvisha Perezida Nkurunziza ko atagomba kwiyamamariza indi manda
Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’iburayi (EU) waburiye Perezida Pierre Nkurunziza kutiyamamariza manda ya gatatu, ngo mu rwego rwo kwirinda ibibazo mu gihugu cye.
Ibi byatangajwe na Ambasaderi wa EU mu Burundi Patrick Spirlet mu kiganiro ngarukakwezi kuri Politiki, hagati y’uwo muryango na Guverinoma.
Ubu amashyaka ya Politiki n’abandi bantu batavuga rumwe na Leta baratangaza ko bazakora uko bashoboye kose ngo Nkurunziza ntiyiyamamarize manda ya gatatu, abamushyigikiye nabo bakavuga ko nta kibazo babona mu kongera kwiyamamaza.