Our Terms of Use and Privacy Policy have changed. We think you'll like them better this way.

NINDE UFITE IKIBAZO HAGATI YA PRESIDENT KAGAME N'ABAYOBOZI BARI MU MWIHERERO

  • Broadcast in Politics Progressive
RadioItahuka

RadioItahuka

×  

Follow This Show

If you liked this show, you should follow RadioItahuka.
h:284593
s:7409439
archived

 

Ubwo yafunguraga ku mugaragaro umwiherero ku nshuro ya 12 ku ya 1 Werurwe 2015, Paul Kagame, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yasabye abayobozi kurangwa n’ibikorwa, bagakunda kugirwa inama aho guhora bashimagizwa n’ababaryarya.

Sinemeranya n’ibyo muvuga ko mwagezeho

Perezida Kagame yavuze ko atizeye ko umubare bavuga w’ibyagezweho bisaga 70% ari wo, avuga ko iyo abasaba kumubwira ibyo bagezeho bari kugwa mu kantu.

Kuba u Rwanda rufite byinshi rwanyuzemo kandi rukinyuramo byatumye umukuru w’igihugu ababwira ko badakeneye kugira uwo basiganya, kuko nta n’umwe uzagira icyo akorera u Rwanda cyangwa amarira u Rwanda avuye ikantarange.

Yagize ati: "Inzitizi duhura nazo kimwe n’izo dukoreramo bitandukanye kure n’ibyo mubona bikorwa ahandi aho ari ho hose".

Kuba umukuru w’igihugu atemeranya n’imibare itangazwa y’ibyagezweho byatumye abasaba guhuza imibare n’ibikorwa, amagambo akaba make, ibikorwa bikivugira.

 

Facebook comments

Available when logged-in to Facebook and if Targeting Cookies are enabled